Amakuru

2023: Gasabo: Abaturage 11 nibo bapfiriye mu mpanuka y’ubuhunikiro bw’ibigori 50 barakomereka

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Gashyantare 2023 Mu murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, habereye impanuka ikomeye yahitanye abaturage bagera kuri 11 naho 50 barakomereka.

Ni impanuka yatewe n’ihanukwa ry’ubwanikiro bw’ibigori bwagwiriye abaturage bari barimo gutunganya umusaruro

Abaturage bakoraga muri ubwo bwanikiro badutangarije ko iyo mpanuka ishobora kuba yatewe n’uburemere bw’umusaruro w’ibigori byari bimaze gushyirwaho, bigatizwa umurindi n’ikirere kibi cyaramutse bigatuma ibiti bibwubatse biriduka bigatuma ubwanikiro bugwa ku baturage bari bari ahatunganyirizwa umusaruro

Inzego z’umutekano n’izubutabazi zahise zitabara, abakomeretse bajyanwa mu bitaro bigiye bitandukanye birimo ibya Kibagabaga, Masaka ndetse na Kanombe.

Abaturage bakaba bashimiye inzego z’umutekano uburyo batabaye bwangu, bavuga ko iyo mpanuka yagasize amasomo hakajya harebwa uburyo Hangari zubakwamo, kuburyo hanarebwa uburyo zishobora kubakishwa ibyuma aho biri ngombwa, kubera ko uburemere babona uburemere bw’umusaruro ubwawo utari guhirika iyo Hagangari

Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’akarere ka Gasabo, Mudaheranwa Regis yatangaje ko nta mpamvu ya nyayo iramenyekana ku cyabaye nyirabayazana w’iyi mpanuka usibye kugenekereza bishingiye ku miterere yiyo Hangari n’uburyo ikirere cyari cyaramutse

Leta ndetse n’abayobozi batandukanye bakaba bihanganishije imiryango yababuze ababo ndetse nabakomerekeye muri iyo mpanuka, aho twavuga nka Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana wasoye abaturage 50 bari mu bitaro.

Naho ibiro bya Minisitiri w’intebe byasohoye itangazo rivuga ko Leta izatanga ubufasha bukenewe ku bantu bose bagizweho ingaruka niyo mpanuka ndetse inahumuriza abagize ababo bagizweho ingaruka niyo mpanuka

Inkuru yose

Related posts

Gen Otafiire yavuze ko mu ishya rya NRM nta numwe ushyigikiye ko Muhoozi yaziyamamariza kuyobora Uganda, ariko na niyamamaza azatsindwa na Se

idrissa Niyontinya

Umusirikare wa RDC (FARDC) yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda

YONGWE TV

Ihere Ijijo nawe Uko Abaturage, abayobozi n’ibyamamare bakoraniye mu Kinigi mu Kwita Izina

YONGWE TV

Leave a Comment