Amakuru IMIKINO

2023: Mu mukino wari ubereye ijisho Abasirikare barinda abanyacyubahiro batsinze abatabara aho rukomeye [AMAPHOTO]

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 31 Mutarama 2023 kuri Stade ya Bugesera hakinwaga umukino wa nyuma w’igikombe gihuza abasirikare mu mupira w’amaguru, ni umukino wahurije hamwe abasirikare barinda abayobozi bakuru b’Igihugu Republican Guard ndetse n’ingabo zitabara aho rukomeye Special Operation Force

Republican Guard niyo yegukanye igikombe itsinze Special Operation Force ibitego 2 kuri 1. kuruhande rwa Republican Guard ibitego byansinzwe na Bizimana Theoneste naho kimwe rukumbi cya Special Operation Force cyatsinzwe na Musengo Jean Baptiste

Ni mu mukino witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Umujyanama wa Perezida muby’Umutekano Gen. James Kabarebe, Minisitiri w’Ingabo Albert Murasira na Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco Rosemary Mbabazi, umuyobozi wa FERWAFA Nizeyimana Mugabo Olivie ndetse nabandi batandukanye

Related posts

Bugesera: Umuturage arashaka ubutabera nyuma y’uko umwana we asambanyijwe agasiragizwa n’inzego zibanze

idrissa Niyontinya

2023: Uganda nyuma yo gukundana imyaka 4, akanga ko babana umukobwa yategetswe n’urukiko kwishyura umusore arenga miliyoni 9

idrissa Niyontinya

Undi Musirikare wa Congo arasiwe mu Rwanda. Inkuru irambuye [Yongwetv.rw]

idrissa Niyontinya

Leave a Comment