Amakuru

John Rwangombwa yatangaje igihe ibiciro ku masoko bizagabanukira

Ubwo Geverineri wa Bank nkuru y’u Rwanda yagezaga ku nteko Rusange y’Imitwe yombi raporo y’ibikorwa bya Bank Nkuru y’u Rwanda y’umwaka wa 2022 warangiye tariki ya 30 Kamena 2022 yavuze ko igabanuka ry’ibiciro bitandukanye ku masoko bishoboka ko byagabanuka, ariko bikaba bishoboka ko byakunda mu gice cya kabiri cy’Umwaka wa 2023.

Rwangombwa yavuze ko impamvu bizafata icyo gihe cyose ari ukubera ko mu mwaka wa 2022 imvura yaguye nabi ndetse n’Intambara yo muri Ukraine hamwe n’inzira zigifunze ku bintu bituruka mu Bushinwa, yanavuze ko izamuka ry’ibiciro riri gutuma ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro.

Yavuze ko igihe turimo tudafite ikibazo cyo kugira amafaranga menshi ku isoko gusa, avuga ko ari ibibazo mpuzamahanga bituruka mu guhenda kw’ibikomoka kuri Peterori, Ibiribwa n’ubwikorezi ndetse ko nta nicyo twabikoraho gusa bashobora kwirinda ko abantu babigira byacitse buri muntu akazamura ibiciro bye.

Avuga ko nk’igihugu kiri mu nzira y’amajyambere iyo turamutse tuzamuye ibiciro tuba twiteze ko bizazana ibisubizo mu bihembwe bitatu biri imbere, avuga ko abona ko igisubizo kizaboneka mu gice cya kabiri cy’umwaka utaha, aribwo ibiciro bizagenda bimanuka.

Rwangombwa yavuze ko byatumye BNR ihita izamura urwunguko ku mafaranga iha abaturage iyanyujije muri Bank z’ubucuruzi, ikavana inyungu kuri 4.5% ikayigeza kuri 6.5%, avuga ko icyo cyemezo BNR yafashe kizatuma abacuruzi batazamura ibiciro ku masoko, bitewe nuko iyo batangiye gucuruza bafata ayo babonye yose kabone n’ubwo yaba make, kuko baba babuze abakiriya bavuye gufata amafaranga muri Banki.

Bank y’u Rwanda ikaba ivuga ko kuva mu kwezi kwa Mutarama 2022 kugeza mu Ukwakira 2022 ibiciro ku masoko byari bimaze kwiyongera ku kigero cya 40%.

Related posts

M23 ntabwo yigeze itumirwa mu nama yahurije hamwe Perezida Kagame, Museveni, Tshisekedi ku kibazo k’imitwe yo muri Congo

idrissa Niyontinya

Umutwe wa M23 uvuga ko Leta ya RD Congo yishe amasezerano ya Luanda, kandi ko itazareberera abaturage bicwa

idrissa Niyontinya

Ahmed Abdallah Sambi wahoze ari Perezida wa Comoros yamaze gukatirwa burundu

idrissa Niyontinya

Leave a Comment