Amakuru

FDLR yamaramaje gutaha mu Rwanda yemye, yaba muburyo bw’biganiro cyangwa mu ntambara

Umuvugizi w’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu mashyamba ya Congo Cure Ngoma yatangaje ko badashobora gushyira intwaro hasi bitewe n’uko izo ntwaro arizo bazakoresha bataha mu Rwanda bememye, akaba yavuze ko iyitegerejwe ari ibiganiro na Leta y’u Rwanda byakwanga bagafata intwaro bakarwana.

Ibi bije nyuma y’inama iherutse kubera i Luanda muri Angola tariki ya 23 ugushyingo 2022 ikaba yarahurije hamwe

abakuru bibihugu bigize Africa y’iburasirazuba ikaba yari iyobowe na Perezida wa Angola Joao Lourenco akaba ari nawe muhuza mu bibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Iyi nama ikaba yari yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu barimo Felix Antoine Tshisekedi wa Congo, Minisitiri wububanyi n’amahanga w’u Rwanda Vincent Biruta, Uhuru Kenyata wahoze ayobora Kenya akaba ari nawe muhuza washyizweho n’ibihugu byo mu karere k’Iburasirazuba ndetse na Evaliste Ndayishimiye w’Uburundi akaba ari nawe uyoboye ibihugu bigize umuryango w’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba.

Iyo nama ikaba yaranzuye ko umutwe wa M23 ugomba guhagaria ibitero utera kuri Congo ukanava mu bice bitandukanye wafashe.

Naho indi mitwe irimo FDLR-FOCA, RED-TABARA, ADF n’indi yose ko igomba gusubira iwabo bitarenze iminsi 5 nk’uko byafashweho umwanzuro mu biganiro byi Nairobi, mu gihe banangira bakabwagwaho ibitero n’ingabo z’akarere zashyizweho mu kugarura amahoro muri Congo.

Kuri iyo ngingo umuvugizi wa FDLR yavuze ko batazarwana n’ingabo z’akarere zoherejwe mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo, ahubwo basaba ko abakuru b’ibihugu ndetse n’imiryango mpuzamahanga kuba yabafasha kugirana ibiganiro na Leta y’u Rwanda kuko kubasaba gushyira intwaro hasi byo bidashoboka.

Cure Ngoma Umuvugizi wa FDLR

Related posts

China: Covid-19 yakajije umurego, ibikorwa by’Ubucuruzi ndetse n’amashuri birafungwa

idrissa Niyontinya

Kigali: Indaya barayikubise benda kuyimena ijisho izira kugira abakiriya benshi bitewe n’uko ikiri nto

idrissa Niyontinya

2023: Abanyarwanda ndetse n’Abarundi baturiye umupaka wa Ruhwa barasaba ibihugu byombi gufungura Imipaka

idrissa Niyontinya

Leave a Comment