Amakuru

Leta ya Uganda igiye kohereza ingabo zigera ku 1,000 mu gihugu cya RDC

Umuvugizi w’igisirikari cya Felix Kulayigye yatangaje ko Uganda igiye kohereza ingabo zigera ku 1,000 mu burasirazuba bwa Congo, mu bikorwa byo guhangana n’umutwe wa M23 ziyongera kuzindi ziriyo.

Umuvugizi w’ingabo za Uganda avuga ko  Uganda izohereza izo ngabo mu mpera z’uku kwezi ku Gushyingo 2022, ariko ko hari bamwe mu bageze mu mujyi wa Goma harimo abashinzwe iperereza ndetse n’abafite ibikoresho, n’imiti bakaba bagiye gutegurira abandi basirikare bazajya

Ibi bije nyuma y’uko umuryango uharanira ubutabera muri Congo uherutse kwamaganira kure ingabo za Uganda aho wazishinjaga gufasha umutwe wa M23 ku rugamba

Aho umuyobozi w’uwo muryango Georges Kapiamba yavuze ko bafite ubuhamya bwinshi cyane kandi bwizewe bugaragaza ko ingabo za Uganda zifatanya ndetse zigaha inkunga ikomeye umutwe wa M23.

Kapiamba yavugaga ko inkunga ingabo za Uganda ziha M23 ari ibikoresho birimo intwaro ndetse n’ubutasi, yavuze ko ingabo za Uganda zitakwiye kongerwa mu basirirkare b’Akarere bitezweho guhosha iyi ntambara.

Related posts

Imitwe 50 y’itwaje intwaro muri Congo yasabye Leta imbabazi igahagarika imirwano, Leta yo ntibikozwa

idrissa Niyontinya

Basketball:  Amakipe y’u Rwanda mu batarengeje imyaka 18 yitabiriye imikino y’Akarere ka  5

YONGWE TV

Rwanda: Umuhanzi Yvan Buravan yapfuye ku myaka 27 Yonyine

YONGWE TV

Leave a Comment