Amakuru

Louise Mushikiwabo yavuze kuri Minisitiri wa Congo wanze kwifotozanya na Kagame

Ubwo hatangizwaga inama y’Abakuru b’Ibihugu ndetse naza Guverinoma z’Ibihugu byo mu muryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa OIF yabaye tariki ya 19 Ugushyingo 2022 yabereye mu mujyi wa Djerba muri Tunisia, Minisitiri wari uhagarariye Perezida wa Congo witwa Sama Lukonde yanze kujya mu ifoto y’Abayobozi bitewe nuko irimo Perezida Kagame.

Mu itangazo ryatangajwe na Leta ya Congo ryavugaga ko Minisitiri Sama Lukonde yanze kujya iruhande rwa Perezida Kagame mu rwego rwo kugaragaza kwamagana ubushotoranyi bw’Urwanda.

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango wa OIF Louise Mushikiwabo wanabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, ubwo yabazwaga ku myitwarire ya Sama Lukonde yavuze ko atigeze agenzura abari bari mu ifoto gusa niba atarabonetsemo ni ibintu bibabaje.

Related posts

Paul Rudakubana wamamaye mu biganiro bya Youtube yitaby’Imana

idrissa Niyontinya

Ingabo za Ukraine ziri mu mazi abira kubera intwaro

YONGWE TV

Murenzi Abdallah yongeye gutorerwa kuyobora ISHYIRAHAMWE RY’UMUKINO WA MAGARE MU RWANDA, FERWACY

YONGWE TV

Leave a Comment