
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ndetse n’itsinda bari kumwe mu Rwanda, aho batashye ku mugaragaro ikigo cy’ubushakashatsi ku kubungabunga ingagi.

Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, bitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro ikigo cyiswe Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund.
Icyo Kigo cy’Ubushakashatsi ku rusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi zo mu misozi miremire, umuhango wo kugifungura ku mugaragaro witabiriwe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, wari uhagarariye Perezida Kagame. Ni ikigo giherereye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.


2 comments
great
greatest